Félicien Kabuga azitaba Urukiko bwa mbere ku itariki ya 11 Ugushyingo 2020: Ibisobanuro by’ingenzi n’amakuru y’ibanze ku rubanza

Umuhango wo kwitaba Urukiko bwa mbere mu Rubanza Porokireri aburana na Félicien Kabuga mu Rwego Mpuzamahanga Rwashyiriweho Gukora Imirimo y’Insigarira y’Inkiko Mpanabyaha (“IRMCT”) uteganyijwe ku wa Gatatu, tariki ya 11 Ugushyingo 2020, saa munani z’amanywa, ku isaha y’i Lahe, mu cyumba cy’iburanisha cya IRMCT, ku Ishami ryayo ry’i Lahe, hashingiwe ku “Itegeko rishyiraho itariki yo kwitaba Urukiko bwa mbere”, ryatanzwe n’Umucamanza Iain Bonomy, ku itariki ya 8 Ugushyingo 2020.

Félicien Kabuga yashyikirijwe IRMCT

Uyu munsi, Félicien Kabuga yakuwe mu Bufaransa maze ashyikirizwa Urwego Mpuzamahanga Rwashyiriweho Gukora Imirimo y’Insigarira y’Inkiko Mpanabyaha (IRCMT), i Lahe, nyuma y’imyaka irenga 22 yari amaze ashakishwa n’ubutabera. Azitaba Urukiko bwa mbere mu gihe gikwiye,  imbere y’Umucamanza w’Urugereko rwa Mbere rw’Iremezo rwashyizweho kugira ngo ruzaburanishe urubanza rwe.

Umushinjacyaha Mukuru w’Urwego Mpuzamahanga Rwashyiriweho Gukora Imirimo y’Insigarira y’Inkiko Mpanabyaha mu ruzinduko rw’akazi i Kigali

Porokireri Serge Brammertz
Porokireri Serge Brammertz
Umushinjacyaha Mukuru w’Urwego Mpuzamahanga Rwashyiriweho Gukora Imirimo y’Insigarira y’Inkiko Mpanabyaha, Bwana Serge Brammertz, yagiriye uruzinduko rw’akazi i Kigali kuva ku itariki ya 25 Kanama kugeza ku itariki ya 3 Nzeri 2020. Ni rwo ruzinduko rwa mbere yari agiriye i Kigali kuva aho Felicien Kabuga afatiwe ku itariki ya 16 Gicurasi 2020.

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye yashyize Bwana Abubacarr Marie Tambadou ku mwanya wa Gerefiye wa IRMCT

Mr. Abubacarr Marie Tambadou
Mr. Abubacarr Marie Tambadou
Uyu munsi, Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres, yatangaje ko yashyize Bwana Abubacarr Marie Tambadou w’Umunyagambiya ku mwanya wa Gerefiye mushya w’Urwego Mpuzamahanga Rwashyiriweho Gukora Imirimo y’Insigarira y’Inkiko Mpanabyaha, akaba ashyizwe kuri uwo mwanya kuva ku itariki ya 1 Nyakanga 2020.

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye yongeye gushyira Umucamanza Carmel Agius ku mwanya wa Perezida wa IRMCT kandi yongera manda z’Abacamanza ba IRMCT

Perezida Carmel Agius
Perezida Carmel Agius
Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres, yongereye manda Umucamanza Carmel Agius ku mwanya wa Perezida w’Urwego Mpuzamahanga Rwashyiriweho Kurangiza Imirimo y’Insigarira y’Inkiko Mpanabyaha (IRMCT), iyo manda ikaba itangira ku itariki ya 1 Nyakanga 2020 ikarangira ku ya 30 Kamena 2022.

Umushinjacyaha Mukuru w’Urwego Mpuzamahanga Rwashiriweho Gukora Imirimo y’Insigarira y’Inkiko Mpanabyaha Serge Brammertz aremeza urupfu rwa Augustin Bizimana washakishwaga n’ubutabera mpuzamahanga

Augustin Bizimana
Augustin Bizimana
Ibiro by’Umushinjacyaha Mukuru w’Urwego Mpuzamahanga Rwashiriweho Gukora Imirimo y’Insigarira y’Inkiko Mpanabyaha (IRMCT) uyu munsi biremeza urupfu rwa Augustin Bizimana, umwe mu bashakishwaga n’ubutabera mpuzamahanga akaba anaregwa kuba yari umuyobozi mukuru mugihe cya jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda muri 1994. Uku kwemeza uru rupfu gushingiye ku bumenyi bw’irangamiterere bwimbitse bwakozwe ku bisigazwa by’umubiri we ku mva iri iPointe Noire muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo.

Félicien Kabuga washakishwaga n’ubutabera mpuzamahanga yatawe muri yombi uyu munsi

Félicien Kabuga
Félicien Kabuga

Uyu munsi, Félicien Kabuga – umwe mu bantu bashakishwaga cyane kw’isi akaba anakekwa kuba yaragize uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda muri 1994-yatawe muri yombi i Paris mu Bufaransa n’inzego z’Ubufaransa biturutse ku iperereza izo nzego zakoze zifatanyije n’ibiro by’Umushinjacyaha Mukuru w’Urwego Mpuzamahanga Rwashiriweho Gukora Imirimo y’Insigarira y’Inkiko Mpanabyaha (IRMCT).

Umushinjacyaha Mukuru w’Urwego Mpuzamahanga Rwashiriweho Gukora Imirimo y’Insigarira y’Inkiko Mpanabyaha Serge Brammertz yavuze ibikurikira kuri iri tabwa muri yombi: