Ubutumwa buhuriweho bw’Abayobozi Bakuru b’Urwego Mpuzamahanga Rwashyiriweho Gukora Imirimo y’Insigarira y’Inkiko Mpanabyaha: Umuhango wo kwibuka jenoside wabaye ku itariki ya 7 Mata 2020
Augustin Ngirabatware, uregwa ibyaha byerekeranye no gusuzugura Urukiko, azitaba Urukiko bwa mbere ku wa Kane, tariki ya 17 Ukwakira 2019, saa yine za mu gitondo, mu Cyumba cy’iburanisha cy’Urwego Mpuzamahanga Rwashyiriweho Gukora Imirimo y’Insigarira y’Inkiko Mpanabyaha (IRMCT), Arusha muri Repubulika Yunze Ubumwe ya Tanzaniya, haburanisha Bwana Vagn Joensen, Umucamanza umwe rukumbi washinzwe kuburanisha urwo rubanza.
Uyu munsi, Urugereko rw'Ubujurire, rugizwe n’Abacamanza: Theodor Meron (Reta Zunze Ubumwe z'Amerika), Perezida, Joseph E. Chiondo Masanche (Tanzaniya), Lee G. Muthoga (Kenya), Aminatta Lois Runeni N’gum (Gambia) na Gberdao Gustave Kam (Burukina Faso), rwasomye urubanza rwerekeranye no gusubiramo imikirize y’Urubanza Porokireri aburana na Augustin Ngirabatware, No MICT-12-29-R.
Ku itariki ya 5 Nyakanga 2019, Urwego Mpuzamahanga Rwashyiriweho Gukora Imirimo y’Insigarira y’Inkiko Mpanabyaha (IRMCT) rwakiriye, ku biro byarwo by’Arusha, Abacamanza Bakuru b’ibihugu bya Gambiya, Ghana, Mauritius, Nigeriya, Sierra Leone, Tanzaniya na Zambiya, mu rwego rw’urugendo rwabo rw’akazi bagiriye muri Tanzaniya, rwateguwe n’Ikigo Nyafurika cy’Amategeko Mpuzamahanga n’Umuryango Nyafurika w’Amategeko Mpuzamahanga.
Mu kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Ubushyinguranyandiko uba ku itariki ya 9 Kamena, uyu munsi Urwego Mpuzamahanga Rwashyiriweho Gukora Imirimo y’Insigarira y’Inkiko Mpanabyaha (IRMCT) rwashyize ahagaragara imurika ryo kuri interinete ryiswe “Ibishushanyo bivuze byinshi”.