Itangazo rihamagarira ababyifuza gusaba gushyirwa kuri risite y’Abavoka bagenerwa abaregwa cyangwa abakekwaho icyaha
Urwego rw’Inkiko Mpanabyaha Mpuzamahanga (“MICT”) rukeneye abakandida bujuje ibisabwa kugira ngo bashyirwe kuri risite y’abavoka bashobora kugenwa ngo bunganire abakekwaho icyaha cyangwa abaregwa badashobora kwihembera avoka, hashingiwe ku Ngingo ya 43 y’Amategeko Agenga Imiburanishirize n’Itangwa ry’ibimenyetso (“Amategeko”). MICT irifuza, cyane cyane, abakandida biteguye gukora kandi bemerewe gushyirwaho nk’“Abavoka b’agateganyo” kugira ngo bunganire ukekwaho icyaha cyangwa uregwa, hashingiwe ku Ngingo ya 43(C) y’Amategeko (“Risite y’abavoka b’agateganyo”).