Itangazo rihamagarira ababyifuza gusaba gushyirwa kuri risite y’Abavoka bagenerwa abaregwa cyangwa abakekwaho icyaha

Urwego rw’Inkiko Mpanabyaha Mpuzamahanga (“MICT”) rukeneye abakandida bujuje ibisabwa kugira ngo bashyirwe kuri risite y’abavoka bashobora kugenwa ngo bunganire abakekwaho icyaha cyangwa abaregwa badashobora kwihembera avoka, hashingiwe ku Ngingo ya 43 y’Amategeko Agenga Imiburanishirize n’Itangwa ry’ibimenyetso (“Amategeko”). MICT irifuza, cyane cyane, abakandida biteguye gukora kandi bemerewe gushyirwaho nk’“Abavoka b’agateganyo” kugira ngo bunganire ukekwaho icyaha cyangwa uregwa, hashingiwe ku Ngingo ya 43(C) y’Amategeko (“Risite y’abavoka b’agateganyo”).

Itangazo rya MICT ku Cyemezo cy’Urukiko rwa Mbere rw’Iremezo rwo muri Turukiya rwahamije icyaha Umucamanza Aydin Sefa Akay

Ejo, Urukiko mpanabyaha rwa mbere rw’iremezo rw’Ankara muri Turukiya, rushingiye ku kirego kimwe cyo kuba mu muryango w’iterabwoba witwa FETO, rwahamije icyaha Aydin Sefa Akay, Umucamanza w’Urwego rw’Umuryango w’Abibumbye Rwashyiriweho Inkiko Mpanabyaha Mpuzamahanga. Yakatiwe igihano cyo gufungwa imyaka irindwi n’amezi atandatu. MICT iributsa ko icyo cyemezo cy’urukiko mu rw’iremezo gishobora kujuririrwa no gusubirishwamo mu rwego rw’igihugu cyangwa mpuzamahanga kandi ko, kubera ibyo, imikirize y’urwo rubanza atari yo ya nyuma mu rwego rw’amategeko.

Itangira ry’urubanza rwa Stanišić na Simatović – Kwandika abanyamakuru bifuza gukurikirana urubanza byarangiye

Igikorwa cyo kwandika abantu bahagarariye ibitangazamakuru bifuza gukurikirana itangira ry’urubanza rwa Jovica Stanišić na Franko Simatović, riteganyijwe ku itariki ya 13 Kamena 2017, ubu cyarangiye.

Amakuru ya nyuma yerekeranye n’itangazamakuru na risite y’ibitangazamakuru byemerewe gukurikirana uwo muhango biboneka ku rubuga rwa MICT.

Ijambo Porokireri Serge Brammertz yagejeje ku nama y’Umuryango w’Abibumbye Ishinzwe Amahoro ku Isi

Porokireri Serge Brammertz
Porokireri Serge Brammertz

Porokireri Serge Brammertz w’Urukiko Mpanabyaha Mpuzamahanga Rwahyiriweho icyahoze ari Yugosilaviya (TPIY) n’uw’Urwego Rwashyiriweho Inkiko Mpanabyaha Mpuzamahanga (MICT), uyu munsi yagejeje ijambo ku Nama y’umuryango w’Abibumbye Ishinzwe Amahoro ku Isi (UNSC).

Ibiro bya Porokireri byibutse abakorewe jenoside yo mu Rwanda

Serge Brammertz, Porokireri wa MICT, na Richard Muhumuza, Umushinjacyaha Mukuru w’u Rwanda, ku Rwibutso rwa Jenoside ku Gisozi, Kigali, Rwanda, muri Mata 2016.
Serge Brammertz, Porokireri wa MICT, na Richard Muhumuza, Umushinjacyaha Mukuru w’u Rwanda, ku Rwibutso rwa Jenoside ku Gisozi, Kigali, Rwanda, muri Mata 2016.

Mu gihe uyu munsi isi yose ibaye ihagaritse ibyo yakoraga ngo yibuke kandi yunamire abazize jenoside yo mu Rwanda ku ncuro ya 23, Ibiro bya Porokireri (OTP) w’Urwego Rwashyiriweho Inkiko Mpanabyaha Mpuzamahanga (MICT) bitewe agahinda n’ibyabaye kandi byifatanyije n’abakorewe ibyaha, abarokotse n’abanyarwanda bose.

MICT yifatanyije n’abandi kwibuka jenoside yabaye mu Rwanda mu mwaka wa 1994

The Registrar of the Mechanism Elias Olufemi (right) joins (on his right) the East African Community (EAC) Deputy Secretary General of Finance and Administration Jesca Eriyo; the Guest of Honour and Regional Commissioner of Arusha Mrisho Gambo; and the Rwanda High Commissioner to Tanzania Eugene Kayihura in a memorial service, in remembrance of the victims of the Rwanda genocide. The event took place at the head office of the (EAC) in Arusha.
The Registrar of the Mechanism Elias Olufemi (right) joins (on his right) the East African Community (EAC) Deputy Secretary General of Finance and Administration Jesca Eriyo; the Guest of Honour and Regional Commissioner of Arusha Mrisho Gambo; and the Rwanda High Commissioner to Tanzania Eugene Kayihura in a memorial service, in remembrance of the victims of the Rwanda genocide. The event took place at the head office of the (EAC) in Arusha.

Urwego Rwashyiriweho Inkiko Mpanabyaha Mpuzamahanga (MICT) uyu munsi rwitabiriye umuhango wo kwibuka ku ncuro ya 23 jenoside yabaye mu Rwanda mu mwaka wa 1994. Uwo muhango wabereye ku cyicaro cy’Umuryango w’Ibihugu by’Afurika y’Iburasirazuba (EAC) kiri Arusha, Repubulika Yunze Ubumwe ya Tanzaniya.

MICT yakiriye abafasha b’abacamanza bo mu bucamanza bwa Tanzaniya

Abayobozi ba MICT bari kumwe n’intumwa zo mu bucamanza bwa Tanzaniya ku biro bya MICT, Ishami ry’Arusha
Abayobozi ba MICT bari kumwe n’intumwa zo mu bucamanza bwa Tanzaniya ku biro bya MICT, Ishami ry’Arusha

Ku wa Gatanu, tariki ya 17 Werurwe 2017, Urwego Rwashyiriweho Inkiko Mpanabyaha Mpuzamahanga (“MICT” cyangwa “Urwego”) rwakiriye, ku biro by’Ishami ryayo ry’Arusha, itsinda ry’abafasha b’abacamanza bo mu bucamanza bwa Repubulika Yunze Ubumwe ya Tanzaniya, Urwo ruzinduko rwakozwe mu rwego rwa gahunda y’amahugurwa y’iminsi itatu yerekeranye no gutegura inyandiko no gukora ubushakashatsi mu by’amategeko, umuryango utegamiye kuri Reta witwa JEYAX Development and Training ukaba warafashije muri iyo gahunda.