Perezida Meron yabonanye n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Ban Ki-moon

Judge Theodor Meron and Secretary-General of the United Nations, Ban Ki-moon
Judge Theodor Meron and Secretary-General of the United Nations, Ban Ki-moon

Umucamanza Theodor Meron, Perezida w’Urwego Rwashyiriweho Inkiko Mpanabyaha Mpuzamahanga (“MICT”), ejo yabonanye n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Ban Ki-moon.

Muri uwo mubonano, wabereye ku cyicaro gikuru cy’Umuryango w’Abibumbye i New York, Perezida Meron yashimiye Umunyamabanga Mukuru kubera ukuntu mu kinyacumi gishize yaranzwe n’ubushake buhamye bwo kugeza ubutabera mpuzamahanga ku ntego yabwo no kuba ari ku isonga mu guha ijambo abakorewe ibyaha by’amarorerwa.

Perezida Meron yagejeje ku Nteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye raporo ya kane y’umwaka kandi ahamagarira Turukiya kurekura Umucamanza Aydin Sefa Akay ufunzwe

Perezida Theodor Meron
Perezida Theodor Meron

Perezida Theodor Meron uyu munsi yagejeje ku Nteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye Raporo ya kane y’umwaka y’Urwego Rwashyiriweho Inkiko Mpanabyaha Mpuzamanga (“MICT”) kandi amenyesha Inteko ikibazo cy’Umucamanza wa MICT w’Umunyaturukiya witwa Aydin Sefa Akay, ukomeje gufungwa n’abategetsi ba Turukiya.

Perezida Meron araganira ku bufatanye mu by’ubutabera hagati ya IRMCT n’Inzego nyafurika n’iz’Afurika y’Uburasirazuba

Uyu munsi, Umucamanza Theodor Meron, Perezida w’Urwego Mpuzamahanga Rwashyiriweho Gukora Imirimo y'Insigarira y'Inkiko Mpanabyaha (IRMCT), yabonanye n’Umucamanza Augustino S. L. Ramandhani, Perezida w’Urukiko Nyafurika ku burenganzira bwa Muntu ndetse anabonana n’Umucamanza Dogiteri Emanuel Ugirashebuja, Perezida w’Urukiko rw’Afurika y’Uburasirazuba hamwe n’Abacamanza bagize Ishami ryarwo ry’ubujurire. Izo nama zombi zabereye Arusha, muri Repubulika Yunze Ubumwe ya Tanzaniya, ahari ibyicaro by’izo Nzego zose uko ari eshatu.

Urugereko rw’Ubujurire rwemeje bimwe mu byaha Ngirabatware yahamijwe mu rw’iremezo

Urugereko rw’Ubujurire rw’Urwego Rwashyiriweho Inkiko Mpanabyaha Mpuzamahanga (MICT) rugizwe n’Umucamanza Theodor Meron, Perezida, Umucamanza Bakone Justice Moloto, Umucamanza Christoph Flügge, Umucamanza Burton Hall, n’Umucamanza Liu Daqun, none rwasomye urubanza mu bujurire bwatanzwe na Augustin Ngirabatware.

Porokireri Jallow yavuze ijambo rigendanye no kwibuka ku nshuro ya 20 Jenoside yabaye mu Rwanda

Hassan B. Jallow, Porokireri wa TPIR na MICT, yavuze ijambo uyu munsi rigendanye no kwibuka imyaka makumyabiri ishize mu Rwanda habaye jenoside, yatangiye ku itariki ya 6 Mata 1994. Ubwicanyi bwakozwe mu minsi igera ku ijana yakurikiyeho bwahitanye abantu bagera kuri miliyoni imwe b’Abatutsi bazira ubwoko bwabo cyangwa abandi bo mu bundi bwoko barwanyaga iyicwa ry’inzirakarengane.