Amategeko agenga ifungwa ya IRMCT yatangiye kubahirizwa kandi hatanzwe Amabwiriza yerekeranye n’iryo fungwa
Uyu munsi, tariki ya 5 Ukuboza 2018, hatangiye kubahirizwa Amategeko agenga ifungwa yemejwe na Theodor Meron, Perezida wa IRMCT. Ayo Mategeko yashyiriweho abantu bategereje kuburanishwa n’Urwego Mpuzamahanga Rwashyiriweho Gukora Imirimo y'Insigarira y'Inkiko Mpanabyaha (IRMCT) mu rw’iremezo cyangwa mu bujurire, cyangwa bafunze ku itegeko rya IRMCT (Amategeko agenga ifungwa).