Biteganyijwe ko iburanisha ry’Urubanza Porokireri aburana na Félicien Kabuga rizatangira ku matariki ya 29 na 30 Nzeri 2022 no ku ya 5 na 6 Nzeri 2022: Kwandika abantu bifuza gukurikirana iburanisha ku Ishami rya IRMCT ry’Arusha byatangiye
Kwandika abantu bifuza gukurikirana itangwa ry’imyanzuro, mu magambo, ibanziriza itangwa ry’ibimenyetso hamwe n’itangira ry’itangwa ry’ibimenyetso, mu Rubanza Porokireri aburana na Félicien Kabuga, babireba mu buryo bw’amajwi n’amashusho, ku Ishami ry’Urwego Mpuzamahanga Rwashyiriweho Gukora Imirimo y’Insigarira y’Inkiko Mpanabyaha ry’Arusha (IRMCT) byatangiye.