Umucamanza Gatti Santana yagizwe Perezida w’Urwego Mpuzamahanga Rwashyiriweho Gukora Imirimo y’Insigarira y’Inkiko Mpanabyaha

Judge Graciela Gatti Santana
Judge Graciela Gatti Santana

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye yashyizeho Umucamanza Graciela Gatti Santana, ukomoka muri Uruguay, nka Perezida mushya w’Urwego Mpuzamahanga Rwashyiriweho Gukora Imirimo y’Insigarira y’Inkiko Mpanabyaha (IRMCT). Afite manda y’imyaka ibiri izatangira kubarwa uhereye ku itariki ya 1 Nyakanga 2022.

Ljambo rya porokireri Brammertz yagejeje ku nama ishinzwe umutekano ya Loni

Porokireri Serge Brammertz
Porokireri Serge Brammertz - UN Photo/Manuel Elías

Bwana Serge Brammertz, Umushinjacyaha Mukuru w’Urwego Mpuzamahanga Rwashyiriweho Gukora Imirimo y'Insigarira y'Inkiko Mpanabyaha (Mechanism), uyu munsi yagejeje ijambo ku nama y’Umuryango w’Abibumbye Ishinzwe Umutekano ku bijyanye n’ibikorwa by’ibiro by’ubushinjacyaha.

Umushinjacyaha mukuru wa IRMCT yemeje urupfu rwa Phénéas Munyarugarama washakishwaga n’ubutabera

Phénéas Munyarugarama
Phénéas Munyarugarama

Ibiro by'umushinjacyaha wa IRMCT uyu munsi biremeza urupfu rwa Phénéas Munyarugarama, umwe mu bahunze ubutabera bari barashiriweho impapuro z’ibirego n'Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rw’u Rwanda (ICTR) akaba n'umuntu uzwi cyane muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994.

Hamwe no kwemeza urupfu rwa Protais Mpiranya ku wa kane ushize, abantu bane batorotse ubutabera ubu nibo bagishakishwa n’Urwego Mpuzamahanga Rwashyiriweho Gukora Imirimo y'Insigarira y'Inkiko Mpanabyaha (IRMCT): Fulgence Kayishema, Charles Sikubwabo, Charles Ryandikayo na Aloys Ndimbati.

Uwashakishwaga n’Urukiko Mpanabyaha Mpuzamahanga Rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) Protais Mpiranya byemejwe ko yapfuye

Protais Mpiranya
Protais Mpiranya

Ibiro by’umushinjacyaha w’Urwego Mpuzamahanga Rwashyiriweho Gukora Imirimo y'Insigarira y'Inkiko Mpanabyaha (IRMCT) uyu munsi biremeza urupfu rwa Protais Mpiranya, akaba ari uwa nyuma mu bo kwisonga bashakishwaga bari barakorewe impapuro zibirego n’Urukiko Mpanabyaha Mpuzamahanga Rwashiriweho u Rwanda (ICTR), unavugwa kuba yari umuyobozi mukuru mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994. Ubu hasigaye abantu batanu gusa batorotse ubutabera batarafatwa bagishakishwa na IRMCT.

Ku byerekeye iri tangazo ry’uyu munsi, Umushinjacyaha mukuru wa IRMCT Serge Brammertz yagize ati:

Perezida Agius yagejeje ijambo ku Nama Ishinzwe Amahoro ku Isi y’Umuryango w’Abibumbye, ku byerekeranye n’aho imirimo ya IRMCT igeze

Perezida Agius yagejeje ijambo ku Nama Ishinzwe Amahoro ku Isi y’Umuryango w’Abibumbye, ku byerekeranye n’aho imirimo ya IRMCT igeze
Perezida Carmel Agius | © UN Photo/Loey Felipe

Carmel Agius, Perezida w’Urwego Mpuzamahanga Rwashyiriweho Gukora Imirimo y’Insigarira y’Inkiko Mpanabyaha (IRMCT), uyu munsi yagejeje ku Nama Ishinzwe Amahoro ku Isi y’Umuryango w’Abibumbye Raporo ya 19 y’imirimo ya IRMCT.

Perezida Agius yabonanye na Perezida w’Inteko Rusange y’Umuryango w’Abibumye

Umucamanza Carmel Agius n'Ambasaderi Abdulla Shahid
Umucamanza Carmel Agius n'Ambasaderi Abdulla Shahid

Uyu munsi, ku cyicaro gikuru cy’Umuryango w’Abibumbye i New York, Umucamanza Carmel Agius, Perezida w’Urwego Mpuzamahanga Rwashyiriweho Gukora Imirimo y’Insigarira y’Inkiko Mpanabyaha (IRMCT), yabonanye na Nyakubahwa Ambasaderi Abdulla Shahid wo muri Repubulika ya Maldives, Perezida w’Inama ya 76 y’Inteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye.

Ijambo ry’Abayobozi Bakuru ba IRMCT ku munsi wo kwibuka ku ncuro ya 26 Jenoside yabereye i Srebrenica

Uyu munsi, Urwego Mpuzamahanga Rwashyiriweho Gukora Imirimo y’Insigarira y’Inkiko Mpanabyaha (IRMCT) ruribuka ku ncuro ya 26 jenoside yabaye i Srebrenica. N’ubwo igihe kigenda, agahinda k’abantu bakorewe ibyaha ko ntigashira. Na n’ubu baracyakomeza kwibuka ababo babavuyemo.

Perezida Agius yagejeje ijambo ku Nama Ishinzwe Amahoro ku Isi y’Umuryango w’Abibumbye, ku byerekeranye n’aho imirimo ya IRMCT igeze

Perezida Carmel Agius
Perezida Carmel Agius

Umucamanza Carmel Agius, Perezida w’Urwego Mpuzamahanga Rwashyiriweho Gukora Imirimo y’Insigarira y’Inkiko Mpanabyaha (IRMCT), ari i Lahe kandi hifashishijwe ikoranabuhanga ry’amajwi n’amashusho rituma abantu bavugana barebana kandi batari hamwe, ejo yagejeje ku Nama Ishinzwe Amahoro ku Isi y’Umuryango w’Abibumbye Raporo ya 18 ku mirimo yakozwe na IRMCT.