Itangazo rya IRMCT ryerekeranye n’imikorere yayo mu gihe cy’icyorezo cya Koronavirusi

Kuva byakwemezwa ko hariho icyorezo cya Koronavirusi maze Urwego Mpuzamahanga Rwashyiriweho Gukora Imirimo y’Insigarira y’Inkiko Mpanabyaha (“IRMCT”) rugatanga itangazo ryo ku itariki ya 19 Werurwe 2020 ryerekeranye n’imikorere yarwo mu gihe cy’icyo cyorezo, IRMCT yakomeje gukurikiranira hafi uko ibintu bigenda bihinduka muri buri gihugu ifitemo ishami n’ahandi ikorera imirimo yayo, ndetse no gukurikiza inama n’amabwiriza by’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (WHO) n’Umuryango w’Abibumbye (UN).

Ijambo abayobozi bakuru ba IRMCT bageneye Umunsi mpuzamahanga wo kwibuka jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994 mu Rwanda, 7 Mata 2021

Kuri uyu munsi mpuzamahanga wo kwibuka jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994 mu Rwanda, Urwego Mpuzamahanga Rwashyiriweho Gukora Imirimo y’Insigarira y’Inkiko Mpanabyaha (IRMCT), Abacamanza ndetse n’abakozi barwo bifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka abagabo, abagore n’abana barenga ibihumbi 800 bishwe mu minsi ijana gusa. Twifatanyije nabo mu kuzirikana ububi bw’ivangura, urwango n’ingengabitekerezo ya jenoside kandi twongeye kwiyemeza guharanira amahoro, ubwiyunge no gukumira jenoside.

Taasisi Ya Kimataifa Inayoshughulikia Masuala Yaliyosalia Ya Mahakama Za Makosa Ya Jinai (Mechanism)Yaomboleza Kifo Cha Rais Magufuli

Taasisi Ya Kimataifa Inayoshughulikia Masuala Yaliyosalia Ya Mahakama Za Makosa Ya Jinai (Mechanism) Yaomboleza kwa masikitiko kifo cha Mh Dk John Pombe Magufuli Rais wa Jamuhuri wa Muungano wa Tanzania kilichotokea Jumatano ,17 Machi 2021.Inapenda kuungana na jumuiya ya kimataifa katika kutoa salaam za dhati za rambi rambi kwa familia ya Rais Magufuli,Makamu wa Rais Tanzania Mh.Samia Suluhu Hassan, Serikali na Watanzania

Porokireri asoje ubutumwa bw’akazi i Kigali

From left, Mr. Aimable Havugiyaremye, the Prosecutor General, Dr. Vincent Biruta, the Minister of Foreign Affairs and Cooperation, Mr. Johnston Busingye, the Minister of Justice and Mr. Serge Brammertz, Mechanism Prosecutor
From left, Mr. Aimable Havugiyaremye, the Prosecutor General, Dr. Vincent Biruta, the Minister of Foreign Affairs and Cooperation, Mr. Johnston Busingye, the Minister of Justice and Mr. Serge Brammertz, Mechanism Prosecutor

Kuva ku itariki ya 30 Ugushyingo kugera ku ya 4 Ukuboza 2020, Serge Brammertz, Porokireri wa IRMCT, yari i Kigali mu butumwa bw’akazi, mu rwego rwo gutegura raporo isanzwe ishyikirizwa Inama Ishinzwe Amahoro ku Isi y’Umuryango w’Abibumbye (UNSC)  buri myaka ibiri.

Gerefiye Tambadou yasoje uruzinduko rw’akazi yakoreye bwa mbere i Dar es Salaam nka Gerefiye wa IRMCT

Mechanism Registrar, Mr. Abubacarr Tambadou and Honourable Palamagamba Kabudi, Minister of Foreign Affairs and East African Cooperation of Tanzania
Mechanism Registrar, Mr. Abubacarr Tambadou and Honourable Palamagamba Kabudi, Minister of Foreign Affairs and East African Cooperation of Tanzania

Bwana Abubacarr Tambadou, Gerefiye w’Urwego Mpuzamahanga Rwashyiriweho Gukora Imirimo y’Insigarira y’Inkiko Mpanabyaha (IRMCT) yasoje, ku itariki ya 3 Ukuboza 2020, uruzinduko rw’akazi rwa mbere yagiriye i Dar es Salaam, nka Gerefiye wa IRMCT. Muri urwo ruzinduko, Gerefiye Tambadou yabonanye n’abayobozi bakuru bo muri Repuburika Yunze Ubumwe ya Tanzaniya, na bamwe mu badiporomate bahagaririye ibihugu byabo i Dar es Salaam.

Félicien Kabuga yitabye IRMCT bwa mbere

Umuhango wo kwitaba Urukiko bwa mbere mu Rubanza Porokireri aburana na Félicien Kabuga mu Rwego Mpuzamahanga Rwashyiriweho Gukora Imirimo y’Insigarira y’Inkiko Mpanabyaha (“IRMCT”) wabaye uyu munsi, ku wa Gatatu, tariki ya 11 Ugushyingo 2020, i Lahe, imbere y’Umucamanza Iain Bonomy (Umwongereza) ari na we Perezida w’Urugereko rwa Mbere rw’Iremezo. Félicien Kabuga aregwa ibyaha birindwi bya jenoside n’ibyaha byibasiye inyokomuntu.

Félicien Kabuga azitaba Urukiko bwa mbere ku itariki ya 11 Ugushyingo 2020: Ibisobanuro by’ingenzi n’amakuru y’ibanze ku rubanza

Umuhango wo kwitaba Urukiko bwa mbere mu Rubanza Porokireri aburana na Félicien Kabuga mu Rwego Mpuzamahanga Rwashyiriweho Gukora Imirimo y’Insigarira y’Inkiko Mpanabyaha (“IRMCT”) uteganyijwe ku wa Gatatu, tariki ya 11 Ugushyingo 2020, saa munani z’amanywa, ku isaha y’i Lahe, mu cyumba cy’iburanisha cya IRMCT, ku Ishami ryayo ry’i Lahe, hashingiwe ku “Itegeko rishyiraho itariki yo kwitaba Urukiko bwa mbere”, ryatanzwe n’Umucamanza Iain Bonomy, ku itariki ya 8 Ugushyingo 2020.

Félicien Kabuga yashyikirijwe IRMCT

Uyu munsi, Félicien Kabuga yakuwe mu Bufaransa maze ashyikirizwa Urwego Mpuzamahanga Rwashyiriweho Gukora Imirimo y’Insigarira y’Inkiko Mpanabyaha (IRCMT), i Lahe, nyuma y’imyaka irenga 22 yari amaze ashakishwa n’ubutabera. Azitaba Urukiko bwa mbere mu gihe gikwiye,  imbere y’Umucamanza w’Urugereko rwa Mbere rw’Iremezo rwashyizweho kugira ngo ruzaburanishe urubanza rwe.

Umushinjacyaha Mukuru w’Urwego Mpuzamahanga Rwashyiriweho Gukora Imirimo y’Insigarira y’Inkiko Mpanabyaha mu ruzinduko rw’akazi i Kigali

Porokireri Serge Brammertz
Porokireri Serge Brammertz
Umushinjacyaha Mukuru w’Urwego Mpuzamahanga Rwashyiriweho Gukora Imirimo y’Insigarira y’Inkiko Mpanabyaha, Bwana Serge Brammertz, yagiriye uruzinduko rw’akazi i Kigali kuva ku itariki ya 25 Kanama kugeza ku itariki ya 3 Nzeri 2020. Ni rwo ruzinduko rwa mbere yari agiriye i Kigali kuva aho Felicien Kabuga afatiwe ku itariki ya 16 Gicurasi 2020.