Perezida Gatti Santana yagejeje ku Nama Ishinzwe Amahoro ku Isi y’Umuryango w’Abibumbye raporo y’ibikorwa bya IRMCT
Uyu munsi, Umucamanza Graciela Gatti Santana, Perezida w’Urwego Mpuzamahanga Rwashyiriweho Gukora Imirimo y’Insigarira y’Inkiko Mpanabyaha (IRMCT), yagejeje ku Nama Ishinzwe Amahoro ku Isi y’Umuryango w’Abibumbye (Inama), i New York, raporo ku bikorwa bya IRMCT ya 24 na raporo y’isuzumabikorwa ya gatanu.
Ishami Rishinzwe Ubushyinguranyandiko rya IRMCT ryakoresheje, hifashishijwe ikoranabuhanga ry’amajwi n’amashusho, ihugurwa rigenewe abashakashatsi n’abakora mu rwego rw’amategeko bo mu Rwanda
Ku itariki ya 13 Kamena 2024, Ishami Rishinzwe Ubushyinguranyandiko ry’Urwego Mpuzamahanga Rwashyiriweho Gukora Imirimo y’Insigarira y’Inkiko Mpanabyaha (MARS/IRMCT) ryakoresheje, hifashishijwe ikoranabuhanga ry’amajwi n’amashusho, ihugurwa abanyamategeko 20 baburana mu nkiko, bo mu Kigo cyo mu Rwanda cyitwa CERTA Foundation.
Kuri iyi tariki ya 7 Mata 2024, Abayobozi bakuru ba IRMCT baribuka imyaka 30 ishize ubwo hatangiraga Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994 mu Rwanda.
Kuri uyu Munsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu mwaka wa 1994 no Kwibuka ku ncuro ya 30, Abayobozi bakuru b’Urwego Mpuzamahanga Rwashyiriweho Gukora Imirimo y’Insigarira y’Inkiko Mpanabyaha (“IRMCT”), ari bo Peresida Graciela Gatti Santana, Porokireri Serge Brammertz na Gerefiye Abubacarr M. Tambadou, batangaje ibikurikira:
Abayobozi ba IRMCT bari mu butumwa i Kigali mu muhango wo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu mwaka wa 1994
Mu cyumweru cya mbere cya Mata 2024, Abayobozi bakuru b’Urwego Mpuzamahanga Rwashyiriweho Gukora Imirimo y’Insigarira y’Inkiko Mpanabyaha (“IRMCT”), ari bo Perezida Graciela Gatti Santana, Porokireri Serge Brammertz na Gerefiye Abubacarr M. Tambadou, bari mu ruzinduko muri Repubulika y’u Rwanda (Rwanda).
Porokireri Brammertz ari mu butumwa bw’akazi i Kigali
Umushinjacyaha Brammertz mu ruzinduko rw’akazi iKigali
Bwana Serge Brammertz, Umushinjacyaha Mukuru w’Urwego Mpuzamahanga Rwashyiriweho Gukora Imirimo y'Insigarira y'Inkiko Mpanabyaha (IRMCT) ari mu ruzinduko rw’akazi iKigali mu Rwanda, kuva ku ya 30 Mutarama kugeza ku ya 7 Gashyantare 2024.
Intego y'uruzinduko rw'Umushinjacyaha Mukuru Brammertz ni ukugira ibiganiro byo mu rwego rwo hejuru n’ibya tekiniki bijyanye n'imbaraga zikomeje gushirwaho kugira ngo ubutabera burusheho kugera ku bantu benshi bahohotewe n'abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Umushinjacyaha Serge Brammertz yagejeje ijambo ku Kanama k’Umuryango w’Abibumbye Gashinzwe Umutekano ku isi
Uyu munsi, Serge Brammertz, Umushinjacyaha Mukuru w’ Urwego Mpuzamahanga Rwashyiriweho Gukora Imirimo y'Insigarira y'Inkiko Mpanabyaha yagejeje ijambo ku Kanama k’Umuryango w’Abibumbye Gashinzwe Umutekano ku isi ku bijyanye n’ibikorwa by’ubushinjacyaha.
Porokireri Brammertz yatangiye atangariza aka Kanama ko ibiro by’umushinjacyaha byarangije umurimo w’ingenzi muri manda yawo ariwo gushinja ibyaha byagejejewe ku nkiko za ICTR na ICTY.