Itangazo ry’Ibiro bya Porokireri ku ifatwa ry’Abaregwa batanu ryabereye mu Rwanda
Ku itariki ya 3 Nzeri 2018, abayobozi b’u Rwanda bashyize mu bikorwa inyandiko zo gufata zatanzwe n’Urwego Mpuzamahanga Rwashyiriweho Gukora Imirimo y’Insigarira y’Inkiko Mpanabyaha maze bata muri yombi Maximilien Turinabo, Anselme Nzabonimpa, Jean de Dieu Ndagijimana, Marie Rose Fatuma na Dick Prudence Munyeshuli. Abo bantu baregwa, uko ari batanu, bazoherezwa ku cyicaro cy’Ishami rya IRMCT rikorera Arusha muri Tanzaniya.