Porokireri Brammertz yasoje uruzinduko rw’akazi yarimo mu Rwanda
Bwana Serge Brammertz, Porokireri w’Urwego Mpuzamahanga Rwashyiriweho Gukora Imirimo y’Insigarira y’Inkiko Mpanabyaha (IRMCT), yasoje uruzinduko rw’akazi yarimo i Kigali, mu Rwanda, kuva ku itariki ya 5 kugera ku ya 9 Gicurasi 2025, mu rwego rw’ubufatanye Ibiro bye bikomeje kugirana n’abayobozi bo mu Rwanda mu byerekeranye n’ibikorwa by’iperereza no gukurikirana abantu bakekwaho kugira uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu mwaka wa 1994.