Gerefiye Elias yashoje ubutumwa bw’akazi yarimo muri Afurika y’Iburasirazuba n’iy’Iburengerazuba

Gerefiye Elias (hagati) ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Gisozi i Kigali
Gerefiye Elias (hagati) ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Gisozi i Kigali

Ku wa Kane, tariki ya 2 Werurwe 2017, Olufemi Elias, Gerefiye w’Urwego Rwashyiriweho Inkiko Mpanabyaha Mpuzamahanga (“MICT”), yashoje ubutumwa bw’akazi yagiriye muri Afurika y’Iburasirazuba n’iy’Iburengerazuba. Muri urwo ruzinduko, Elias yabonanye n’abayobozi ba Repubulika Yunze Ubumwe ya Tanzaniya (“Tanzaniya”), aba Repubulika y’u Rwanda (“Rwanda”), aba Repubulika ya Senegali (“Senegal”) n’aba Repubulika ya Ghana (“Ghana”).

Perezida Meron yagejeje ijambo ku Inama Ishinzwe Amahoro ku Isi kandi ahamagarira irekurwa ry’Umucamanza Aydin Sefa Akay ufunze

Perezida Theodor Meron
Perezida Theodor Meron

Perezida w’Urwego Rwashyiriweho Inkiko Mpanabyaha Mpuzamahanga (“MICT”), Umucamanza Theodor Meron, uyu munsi yagejeje ku Nama y’Umuryango w’Abibumbye Ishinze Amahoro ku Isi raporo nshya ku mirimo ya MICT kandi ahamagarira irekurwa ry’Umucamanza Aydin Sefa Akay ufungiye muri Turukiya.

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye yashyize Bwana Olufemi Elias ku mwanya wa Gerefiye w’Urwego Rwashyiriweho Inkiko Mpanabyaha Mpuzamahanga

Bwana Olufemi Elias
Bwana Olufemi Elias

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Ban Ki-moon, ejo yatangaje ko ashyize Bwana Olufemi Elias, w’Umunyanijeriya, ku mwanya wa Gerefiye w’Urwego Rwashyiriweho Inkiko Mpanabyaha Mpuzamahanga (“MICT”), akazatangira imirimo ye ku itariki ya 1 Mutarama 2017.

Gutumira itangazamakuru mu muhango wo gutaha ku mugaragaro inyubako y’Urwego rw’Umuryango w’Abibumbye Rwashyiriweho Inkiko Mpanabyaha Mpuzamahanga iri Arusha

Itangazamakuru ritumiwe mu muhango wo gutaha ku mugaragaro inyubako nshya y’Urwego rw’Umuryango w’Abibumbye Rwashyiriweho Inkiko Mpanabyaha Mpuzamahanga (“MICT”) iri Arusha muri Repubulika Yunze Ubumwe ya Tanzaniya. Perezida wa MICT, Umucamanza Theodor Meron, Porokireri Serge Brammertz, na Gerefiye John Hocking, bazifatanya muri uwo muhango n’abayobozi bakomeye ba Repubulika Yunze Ubumwe ya Tanzaniya nk’igihugu gicumbikiye MICT, aba Repubulika y’u Rwanda, ab’Umuryango w’Abibumbye n’abadiporomate.

Porokireri wa MICT Serge Brammertz yafashe ijambo mu nama yo gushyiraho Ihuriro ry’Ubufatanye mu Butabera mu Karere k’ibiyaga bigari

Porokireri Brammertz hamwe n’abandi bitabiriye inama yo gushyiraho Ihuriro ry’Ubufatanye mu Butabera mu Karere k’ibiyaga bigari.
Porokireri Brammertz hamwe n’abandi bitabiriye inama yo gushyiraho Ihuriro ry’Ubufatanye mu Butabera mu Karere k’ibiyaga bigari.

Porokireri wa MICT Serge Brammertz yari i Nairobi, Kenya ku itariki ya 10 n’iya 11 Ugushyingo, aho yari umwe mu bantu b’imena bitabiriye inama igamije gushyiraho Ihuriro ry’Ubufatanye mu Butabera mu Karere k’ibiyaga bigari.

Perezida Meron yabonanye n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Ban Ki-moon

Judge Theodor Meron and Secretary-General of the United Nations, Ban Ki-moon
Judge Theodor Meron and Secretary-General of the United Nations, Ban Ki-moon

Umucamanza Theodor Meron, Perezida w’Urwego Rwashyiriweho Inkiko Mpanabyaha Mpuzamahanga (“MICT”), ejo yabonanye n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Ban Ki-moon.

Muri uwo mubonano, wabereye ku cyicaro gikuru cy’Umuryango w’Abibumbye i New York, Perezida Meron yashimiye Umunyamabanga Mukuru kubera ukuntu mu kinyacumi gishize yaranzwe n’ubushake buhamye bwo kugeza ubutabera mpuzamahanga ku ntego yabwo no kuba ari ku isonga mu guha ijambo abakorewe ibyaha by’amarorerwa.

Perezida Meron yagejeje ku Nteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye raporo ya kane y’umwaka kandi ahamagarira Turukiya kurekura Umucamanza Aydin Sefa Akay ufunzwe

Perezida Theodor Meron
Perezida Theodor Meron

Perezida Theodor Meron uyu munsi yagejeje ku Nteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye Raporo ya kane y’umwaka y’Urwego Rwashyiriweho Inkiko Mpanabyaha Mpuzamanga (“MICT”) kandi amenyesha Inteko ikibazo cy’Umucamanza wa MICT w’Umunyaturukiya witwa Aydin Sefa Akay, ukomeje gufungwa n’abategetsi ba Turukiya.